00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yasabye ingufu mu iyubakwa ry’ibikorwaremezo muri Afurika

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 Gashyantare 2023 saa 03:30
Yasuwe :

Perezida Kagame yasabye ko hakorwa ibishoboka byose mu gukusanya ubushobozi bugamije kubaka ibikorwaremezo ku mugabane wa Afurika kuko ari rumwe mu nzego zikiri inyuma.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yitabiraga Inama yiga ku Iterambere ry’Ibikorwaremezo muri Afurika iri kubera i Dakar muri Sénégal.

Ni nawe muyobozi wa gahunda ya AUDA-NEPAD yashinzwe mu buryo bwo kwimakaza intego ya Afurika y’uko mu 2063 uyu mugabane uzaba warageze ku iterambere rirambye.

Perezida Kagame yavuze ko mu myaka myinshi ishize, hari intambwe yatewe mu iterambere ry’umugabane, ariko ko urwego rw’ibikorwaremezo rukiri inyuma.

Ati “Mu gukuramo iki cyuho, kwishakamo ubushobozi buturutse imbere muri twe ni ingenzi cyane. Ni yo mpamvu mu 2017, AUDA NEPAD yashyizeho gahunda ya 5% yo kongera ishoramari rijyanye n’ibikorwaremezo muri Afurika.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko mu gihe Umugabane wa Afurika waba ufite ibikorwaremezo biboneye, byagabanya ikiguzi bisaba cyo gukora ubucuruzi, bikanazamura ubucuruzi.

Kongera ibikorwaremezo Umukuru w’Igihugu yanavuze ko biri muri gahunda ngari y’Umugabane wa Afurika ya 2063 yo kubaka umugabane uteye imbere kurushaho.

Binyuze muri AUDA-NEPAD, Umugabane wa Afurika wiyemeje ko mu 2040 uzaba warongereye ibikorwaremezo by’amashanyarazi, iby’amazi ku buryo hazubakwa ingomero nyinshi nshya.

Mu bijyanye no gutwara abantu n’ibintu, gahunda ihari ni ukubaka ibikorwaremezo bishingiye ku mihanda yaba iya gari ya moshi n’isanzwe y’imodoka, ingendo zo mu mazi n’izo mu kirere, byose bizafasha mu guhuza ibice byose by’uyu mugabane.

Hari kandi na gahunda yo kongera ibikorwaremezo bijyanye n’ikoranabuhanga.

Ibi bigomba kugerwaho binyuze muri gahunda nyafurika ijyanye no kubaka ibikorwaremezo, PIDA, yatangijwe mu 2010 i Kampala muri Uganda igamije kurebera hamwe uko hashyirwaho ibikorwaremezo bihuriweho ku mugabane.

Mu 2014, habaye inama ya mbere ijyanye n’iyi gahunda. Icyo gihe yabereye i Dakar muri Senegal, hemezwa imishinga 16 igomba gushyirwamo imbaraga.

Muri icyo gihe kandi hashyizweho gahunda igamije gukusanya inkunga yo kubaka ibikorwaremezo, yiswe Africa 50. Ni gahunda ihuriweho na Guverinoma z’Ibihugu bya Afurika na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere.

Mu mishinga iri gukorwa binyuze muri Africa50, harimo uwa Kigali Innovation City ugamije kugira u Rwanda igicumbi cy’ikoranabuhanga muri Afurika.

Kigali Innovation City igamije kubaka ubushobozi bw’abahanga mu ikoranabuhanga, aho intumbero y’u Rwanda ari uko rubasha kuzamura umubare w’abahanga bakava kuri 2% ku mugabane bakaba 10%.

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika ikeneye kwishakamo ubushobozi ikubaka ibikorwa remezo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .