Bamwe batangiye kuvuga ko nta muntu usezera muri sosiyete yashinze, abandi basobanura ko ari ibisanzwe kuba umuntu yava mu nshingano zimwe akajya mu zindi kabone nubwo ikigo yaba asezeramo cyaba ari icye.
Ibyo byakurikiwe n’abandi bavuga ko ubutumwa bwe kuri Twitter ari ubwo gushyushya abantu imitwe kuko bugamije kumenyekanisha imyambaro mishya ateganya gushyira hanze mu minsi iri imbere.
Umwe mu batanze igitekerezo ku butumwa bwa Turahirwa bwo gusezera ku nshingano z’uhanga imideli muri Moshions, ni Gatete Ruhumuriza Nyiringabo.
Uyu musore ni umunyamategeko, akunda gukoresha imbuga nkoranyambaga ku ngingo zirimo iza politiki n’izindi ziba zitavugwaho rumwe.
Yanditse kuri Twitter ati “Ni byiza ku izina rya [Moshions] niba ushaka kuba impirimbanyi cyangwa se uwiyerekana yambaye ubusa n’ibindi. Naho ubundi, ufite impano, uzi ubugeni, bishobora kuba igihombo ku izina rya sosiyete [Moshions]. Muri make ntabwo nkemera amahitamo yawe, gusa sinshidikanya ku mpano yawe n’ubugeni.”
Gatete yavuze ko umunsi umwe azarata Turahirwa ibigwi, agaragaze uburyo umusore ukiri muto uvuka i Cyangugu, utari umuhanga cyane mu Cyongereza ariko biteye urujijo kumenya igitsina cye [niba ari umukobwa cyangwa umuhungu], ko yigeze gufata umujyi abandi banyamideli bakibura.
Ati “Wahinduye imiterere y’uruganda nyarwanda rw’imideli. Hari izindi za Moshions nto zavutse muri Kigali hose.”
Uwitwa @ArtAristide yabajije Gatete ikibazo kiri mu kuba Moses Turahirwa yasezera muri sosiyete ye yashinze, ndetse n’impamvu ashingiraho agaragaza ko atakimushira amakenga mu mahitamo ye.
Undi yasubije ati “[Impamvu] Zirahari rwose. Ariko ntacyo, twese dukora amakosa tukiga, tukikosora. Aracyari muto, ni ibisanzwe.”
Undi witwa Ndi_Regis we yagize ati “Ku bw’inyungu z’igihugu n’icyo avuze ku gihugu, Twahirwa yari yarahiriwe n’ibyo akora none ubwamamare buramurenze atangiye kugwa mu manga. Iwacu icyo mbakundira ni uko nta wuzaza mu gitanda ngo akubuze gukora ibyo ukora n’uwo ushatse, ariko nibigera ku kubishyira ku karubanda, uzaba watannye.”
Uwitwa @AmeliaUm we yavuze ko Gatete atari akwiriye kunenga Turahirwa kuko we ibyo akora bigira uruhare mu iterambere ry’urubyiruko.
Ati “Hari abantu b’abanyempano, bakora cyane, bagira uruhare rwiza mu guhindura urubyiruko ariko batiyambuye abo baribo, ariko hari n’abandi akazi kabo ari ukwirirwa bikurunga mu byondo kuri Twitter barwana intambara zo kugira ngo bemerwe. Wakora ibyiza birenze ibi.”
Uwitwa Mod we yavuze ko ibyo Gatete yanditse bigamije gusebanya kugira ngo yiyumve nk’umuntu uvuga ibintu bifatika kurusha abandi.
Ku rundi ruhande, Turahirwa yanditse ubundi butumwa bwinshi, avuga ko nubwo yavuye ku nshingano zo guhanga imideli muri Moshions, azakomeza kuba Umuyobozi Mukuru wayo, gusa ko abahuje ubutumwa bwe n’izindi mpamvu barengereye, abibutsa ko ari umuhanzi mu ruganda ndangamuco mu Rwanda.
Ati “Gusa ariko, nababajwe n’uburyo Abanyarwanda bakoresha Twitter [#Rwot], bahuje ubutumwa bwo kwegura kwanjye na politiki hamwe n’ibindi bintu biterekeranye.”
I have officially resigned at my role of being a men’s and women’s wear designer at @Moshions, I have learnt so much from this, and have shaped me to be the best Version of myself. Looking forward to supporting the brand on future creative venture.🖤🦍
— Moses Turahirwa (@MosesTurahirwa) November 18, 2022
However, I’m a bit saddened by the #Rwot associating my resignation tweet with politics and other unrelated matter, I proudly lead a #Rwandan creative business, and I’m a proud #Rwandan artist. My tweets are personal. 🖤🦍 https://t.co/IBK0BMoP7A
— Moses Turahirwa (@MosesTurahirwa) November 18, 2022
It is better for the brand, If you want to become an activist, a nude model, etc.. Otherwise you are the talent, the art, so it might be a big loss for the brand. Obviously I do NOT trust your judgment anymore, but I can never doubt your art and talent..
Thank you and Godspeed.
— Gatete Nyiringabo Ruhumuliza (@gateteviews) November 18, 2022
One day I’ll pay you a tribute. An eccentric young man from Cyangugu with little English and peculiar gender, who took the city by storm, sending established, connected designers back to school. You transformed the face of Rwandan fashion. There are baby Moshions all over Kigali.
— Gatete Nyiringabo Ruhumuliza (@gateteviews) November 18, 2022
There are talented, hardworking people who positively influence the youth while staying true to who they are and then there’s you whose job seem to be to ramble and roll around in the mud of twitter fighting for relevancy. You’re better than this. Or not.
— Amé (@AmeliaUm) November 18, 2022
Gate? All this for what??
— the_Keza (@CharityKeza) November 18, 2022
Just to make himself relevant in in everything!. As if he is a saint. Ridiculous .😏😏🤨🤨
— Ngabo jean Aime (@Ngabokambanda) November 18, 2022
Truly a saddening display of white supremacy "either/or" mentality. So people cannot be activist, models & designers? Moses embodies KWANDA: there are no limits. & how unfortunate to be subjected to respectability politics this much: so you trust talent but not judgment?
— karmen geï (she/her) (@realbeedeejones) November 18, 2022
Well, that’s what makes an artist: their talent AND their judgment. Inclusively.
Give back Moses his complexity and humanity. He showed his abs, BIG DEAL. I don’t understand this mindset of dimming people expressing their light and authenticity.— karmen geï (she/her) (@realbeedeejones) November 18, 2022
He identifies as Female incase u are confused with the gender 🤣🤣
— A. Simbi Brooks 🇷🇼 (@Kalisimbi4) November 18, 2022
Why wld ya refer his gender as peculiar?
— aristide (@ArtAristide) November 18, 2022
Tu ne cesses de m'étonner, toi petit garcon de Birere. Sasa wa Birere na wa cyangugu shida iko wapi?Leo unajifunza Français, Anglais na Kinyarwanda,kucambana na kukanyanga batu 🙄& tomorrow u will be here tweeting about panafricanism. Kuwa na adabu🤮
— Nsanga Sylvie (@NsangaSylvie) November 19, 2022

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!