Iki kigo kizenguruka hirya no hino muri Afurika gitoranya abakobwa bamurika imideli ubundi uhize abandi agahabwa ibihembo bitandukanye birimo no guhuzwa n’ibigo mpuzamahanga mu mideli.
Ku nshuro ya 15 ibirori bigiye kubera i Kigali ku wa 26 Ugushyingo 2022, abakobwa 20 batoranyijwe hirya no hino muri Afurika bazahurira muri Kigali Marriott Hotel batoranye ubahiga.
Uzahiga abandi azahabwa ibihembo birimo 5000$ agirane amasezerano na Isis Models Africa na Select Model Global, azamufasha gukorana n’inzu mpuzamahanga z’imideli.
Umuyobozi wa Isis Models Africa, Joan Okorodudu, yabwiye IGIHE ko bahisemo gukorera iki gikorwa mu Rwanda kuko ari igihugu cyagaragaje ko gishoboye kwakira inama n’ibirori mpuzamahanga.
Ati “Kuri njye u Rwanda ni igihugu cyiza muri Afurika umuntu yateguriramo igikorwa cyikagenda neza. Hari umutekano, isuku, harizewe kandi hafite uburambe mu kwakira ibikorwa bikomeye.”
Yakomeje avuga ko bakuruwe n’uburyo u Rwanda ari igihugu cy’ubukerarugendo kandi ko hari abazitabira ibi birori bamaze kwemeza ko bazasura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.
Isis Models Africa yafashije abamurika imideli batandukanye kugera ku ruhando mpuzamahanga barimo Isheja Morrella, Umunyarwandakazi uri kwigaragaza ku Isi n’abandi bamamaye nka Anya, Yetunde, Anyiel, Hakima, Awoui, Nyawargak n’abandi.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!