Iki kigo cyazamuye abanyamideli batandukanye bababaye ibyamamare ku Isi nka Naomi Campbell, Gisele Bündchen, Cindy Crawford, Lais Ribeiro n’abandi batandukanye.
The Look of the Year ifatanyije na Embrace Africa Rwanda Ltd isanzwe itegura amarushanwa y’ubwiza, yateguye igikorwa cyo gutoranya abanyamideli batatu bazazamurwa.
Guhera ku wa 28 Ukuboza 2022, hatangiye igikorwa cyo kwiyandikisha kizarangira ku wa 12 Mutarama 2023, aho haziyandikisha abanyamideli batandukanye.
Ndekwe Paulette uri gutegura iki gikorwa, yavuze ko basanzwe bagikora hirya no hino muri Afurika ariko bahisemo no kugikora mu Rwanda kuko babonye ko kigirira abanyamideli akamaro.
Abanyamedeli batatu bazatoranywa mu Rwanda bazahabwa amasezerano na The Look of the Year yo kubahuza n’ibigo mpuzamahanga mu mideli, bakazanafashwa kwitabira Dubai International Fashion week.
Uwiyandikisha yohereza imyirondoro ye [email protected]





TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!