00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko pulasitiki zangizaga ibidukikije zikorwamo imitako yinjiza agatubutse

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 23 Ukuboza 2022 saa 09:33
Yasuwe :

Isi yose iri ku rugamba rwo kubungabunga ibidukikije habungabungwa imyanda ibora n’itabora, aho by’umwihariko iya ‘pulasitiki’, iri mu yitabwaho cyane ab’inkwakuzi bakayibyazamo imitako n’ibindi bikoresho.

Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango w’Abibumbye bwagaragaje ko imyanda ikomoka kuri pulasitiki ifata umwanya ungana na 85% mu byangiza ibidukikije cyane cyane imigezi, inyanja n’ibinyabuzima bibamo.

Inteko rusange ya gatanu y’umuryango w’abibumbye yiga ku bidukikije (UNEA 5.2) yabereye i Nairobi muri Kenya, yemeje umwanzuro w’amasezerano mpuzamahanga agamije kurwanya ihumana ry’ibidukikije riterwa n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Ni umwanzuro wateguwe n’u Rwanda ku bufatanye na Peru wamurikiwe isi muri Nzeri 2021 ukaba witezweho gushyiraho amasezerano mpuzamahanga azafasha mu guhangana n’ikibazo cy’ihumana rituruka kuri pulastiki gihangayikishije isi.

U Rwanda rumaze gukora byinshi mu gukemura iki kibazo aho mu mwaka wa 2008, rwabaye kimwe mu bihugu bya mbere byari biciye amasashe, naho mu 2019 rwemeza itegeko ribuza ibikoresho bikoze muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Ku rundi ruhande, hari abahisemo kunganira igihugu muri urwo rugendo babyaza umusaruro pulasitiki bazikoramo imitako y’ubugeni.

Abanyabugeni b’Icyeza ku Ruhimbi, bakora ibihangano mu bikoresho bya pulasitiki byajugunywe, mu gukomeza gahunda yo kubungabunga ibidukikije ndetse no kubibyaza umusaruro.

Icyeza ku Ruhimbi ni abanyabugeni batatu bishyize hamwe mu myaka itatu ishize, bakora ubugeni bw’amarange, amashusho avuye mu biti n’ibumba.

Mu byo bakora bongereyemo ubugeni bw’imitako ikozwe muri pulasitiki, imyenda, impapuro n’ibindi bifatwa nk’imyanda, bakabivanamo imitako igurwa igatakwa mu nzu.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’umuyobozi w’Icyeza ku Ruhimbi, Usanase Aime Sandrine Sachala, yavuze ko guhura na pulasitiki ku nzira aba ari imari bahuye nayo, ndetse kuyitora aba ari umusanzu batanze w’isuku no kurinda ibidukikije.

Yagize ati “Ibintu byose dusanze byatawe ntabwo tubicaho ahubwo turabitora kuko aba ari imari kuri twe, hari ni gihe tubitumiza bakabituzanira aho biba byajugunywe, tuba dukuyeho bimwe mu byangiza ibidukikije.”

Yakomeje agira ati “Kuba wareba ubwiza bw’igihangano ku rundi ruhande gifite umusanzu cyatanze muri sosiyete, ni ibintu twatekerejeho cyane, tureba ibintu byari kutwangiza tukabibyaza umusaruro.”

Uyu munyabugeni asobanura ko kugira ngo imyanda ya pulasitiki ivemo ibihangano bizima, yifashisha ‘Colle’ cyangwa ‘super glue’ kugira ngo ya pulasitiki ibashe gufata ku mwenda cyangwa igiti bakozemo umutako ariko nanone gifite igisobanuro cyimbitse.

Aba banyabugeni bakorera muri Incubation Center i Masaka, bahamya ko ubu bwoko bw’ubugeni bwakiriwe neza n’ababagana yaba aho bakorera ndetse n’ibihangano biri mu iduka rya Art-Rwanda Ubuhanzi ku Kimihurura.

Usanga bagurisha ibihangano byabo ku mafaranga ari hagati y’ibihumbi 50 Frw n’ibihumbi 100 Frw bitewe n’ingano yabyo.

Uretse kuba bibagirira akamaro nk’abanyabugeni, batanga akazi ku bantu babashakira ibyo bikoresho byajugunywe byiganjemo ibya pulasitiki nk’ amacupa, amapine n’ibindi.

Igihangano cyakoreshejwe ibati n'amarange kugira ngo havemo ikinyugunyugu
Iki gihangano bagikoze bakoresheje amacupa avamo amazi, bakora indabyo n'igice cy'akadobo bometse ku mwenda
Igihangano cy'inyoni cyakozwe hifashishijwe igiti, pulasitiki n'ibati mu kongeraho amarangi
Hifashishwa n'amasaka kugira ngo umutako ugire umwimerere
Aha naho bakoresheje amacupa y'amazi
Bakoresha amacupa ya pulasitiki, indobo n'ibiti byometswe ku mwenda
Umutako ukozwe mu bikombe byavuyemo amavuta bagashyiramo indabyo zitaka mu nzu
Umutako ukozwe mu giti cy'ingano n'imigozi
Umutako ukozwe hifashishijwe ipine n'ururabyo
Ubugeni bukoreshejwe amabati asanzwe akoreshwa mu kubaka ariko yashaje batagikoresha
Umutako wakozwe hifashishijwe imyenda
Umuyobozi w'Icyeza ku Ruhimbi, Sachala, avuga ko bashishikajwe no kurengera ibidukikije
Igiti gikozwe mu mapine yashaje atagikoreshwa cyometswe ku nzu
Ubugeni bukorwa hifashishijwe ibikoresho bitagifite agaciro
Igikoresho cy'ubugeni gikozwe hifashishijwe igiti cy'umugano
Igihangano gikoreshejwe ibati, umwenda n'amarange agiha gusa neza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .