00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

WhatsApp irashaka ko abantu bazajya bohererezanya ubutumwa no mu gihe yavuyeho

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 8 Mutarama 2023 saa 07:58
Yasuwe :

Urubuga rwa WhatsApp rwatangaje ko rugiye gutangira gushyiraho uburyo abarukoresha bajya babasha kohererezanya ubutumwa nk’uko bisanzwe no mu gihe rutari ku murongo.

Ni amakuru yatangajwe nyuma y’iminsi WhatsApp ihora iva ku murongo kubera impamvu zitandukanye.

Mu bihugu bitandukanye kandi uru rubuga rujya rukurwa ku murongo nko mu bihe by’amatora cyangwa mu by’imyigaragambyo nk’uko bimaze iminsi muri Iran.

WhatsApp yasabye abantu batandukanye kwitanga kugira ngo hashyirweho indi miyoboro (proxies), izajya ifasha abantu guhanahana amakuru no mu gihe urwo rubuga rwakuwe ku murongo.

Uru rubuga rwatangaje ko ubwo buryo bushya buzajya buba bwizewe kandi bufite umutekano ku makuru yabuhererekanyijweho nk’ibisanzwe.

WhatsApp irashaka ko abantu bazajya bohererezanya ubutumwa no mu gihe yavuyeho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .