00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Lenovo yashyize ku isoko telefoni yiswe ‘ThinkPhone’

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 Mutarama 2023 saa 09:34
Yasuwe :

Uruganda rwo mu Bushinwa rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga rwashyize ku isoko telefone nshya zizwi nka ‘ThinkPhone’ zizajya zikorana byihariye na mudasobwa za ‘Lenovo Thinkpad’.

’ThinkPhone’ yakozwe na Motorola, isanzwe n’ubundi iri mu bigo bibarizwa muri Lenovo.

Motorola ThinkPhone ikoresha Android 13 ikagira bateri ya 5000 mAh, ibintu biyiha ubushobozi bwo kubika umuriro igihe kirekire. Ifite kandi camera ebyiri, imwe ifite megapixel 50 indi ikagira megapixel 13.

Umwihariko w’iyi telefone ni ikoranabuhanga ifite rwiswe ‘Think 2 Think connectivity’ riyiha ubushobozi bwo gusangiza amafoto, inyandiko ndetse n’amashusho mudasobwa yo mu bwoko bwa ‘Thinkpad’ bitabaye ngombwa ko hifashishwa ‘USB’ cyangwa internet.

Iri koranabuhanga rijya rikora nk’irya Airdrop rifasha abakoresha mudasobwa za Apple na iPhones kohererezanya ibintu.

Motorola ThinkPhone iri ku giciro cya 530$, abari mu Rwanda bashobora kuyibona arenga gato ibihumbi 600 Frw.

ThinkPhone yakozwe na Motorola isanzwe ibarizwa mu kigo cy'ikoranabuhanga cya Lenovo
ThinkPhone ikoresha Android 13
Iyi telefone izaba ifite ikoranabuhanga rituma ikorana bya hafi na mudasobwa za ThinkPad

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .