00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ifoto y’Umunsi: Mu Rwanda hagaragaye Ukwezi kuzuye

Yanditswe na Irakiza Yuhi Augustin
Kuya 5 Mutarama 2023 saa 10:07
Yasuwe :

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 4 Mutarama 2023, mu Rwanda hagaragaye Ukwezi kuzuye ibizwi mu bumenyi bw’Isi nka ‘Full Moon’.

Full Moon ni imvugo imenyerewe cyane mu biga ibijyanye n’ubumenyi bw’Isi ndetse n’isanzure, ikoreshwa igihe bashaka kuvuga igihe runaka, ukwezi kugaragara kose aho kuba igice ndetse kwaka cyane. Ibi biba igihe igihe Isi iri hagati y’Izuba n’Ukwezi.

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu hirya no hino ku Isi hagaragaye Ukwezi kuzuye ariko ku kigero cya 90%, kuko biteganyijwe ko kuzagaragara kuzuye ku kigero cya 100%, tariki 6 Mutarama 2023.

Uku Kwezi kuzuye kwagaragaye cyane mu gice cy’Amajyaruguru cy’Isi, North Hemisphere no mu bice bike bigize igice cy’Isi cy’Amajyepfo ari naho u Rwanda rubarizwa.

Amwe mu mafoto agaragaza uko uku Kwezi kuzuye kwagaragaye mu Rwanda ni ayafashwe ahagana 20h00, n’Umunyamakuru wa IGIHE ufata amafoto.

Mu gihe cya 'Full Moon' ukwezi kugaragara kwaka cyane
Ukwezi kuzuye kugaragara igihe Isi yaje hagati yako n'Izuba
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu Ukwezi kwagaragaye mu isura idasanzwe

Amafoto: Irakiza Yuhi Augustin


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .