00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuryango washinzwe na Masai Ujiri uzizihiriza isabukuru y’imyaka 20 mu Rwanda

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 3 Gashyantare 2023 saa 11:29
Yasuwe :

Umuryango Giant of Africa usanzwe ufasha urubyiruko rwa Afurika kuzamura impano muri Basketball uzizihiriza isabukuru y’imyaka 20 mu Rwanda, mu Iserukiramuco ryiswe ‘Giants of Africa Festival’ rizabera muri Kigali kuva ku wa 13-19 Kanama 2023.

Ni Iserukiramuco rizitabirwa n’urubyiruko rurenga 250, ruzaturuka mu bihugu 16 uyu muryango wagiye usura. Hazifashishwa umukino wa Basketball mu kwigisha Urubyiruko rwa Afurika kugira inzozi zagutse.

Hateganyijwe kandi ihuriro ry’uburezi riteganyijwe ku Munsi Mpuzamahanga w’Umwana w’Umunyafurika, rizitabirwa n’urubyiruko rw’u Rwanda rurenga ibihumbi bibiri muri BK Arena.

Umuhango wo kumurika iri serukiramuco rya Giants of Africa wabaye muri Gashyantare 2020 witabirwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe na Perezida w’Ikipe ya Toronto Raptors ikina muri Shampiyona ya Basketball ya Amerika (NBA), Masai Ujiri.

Umuryango wa Giants of Africa wa Masai Ujiri, watangiye mu 2003 ukorera muri Nigeria gusa kugera mu 2014 ubwo uyu mugabo yafunguraga imipaka atangira kubikora no mu bindi bihugu bitandukanye bya Afurika birimo n’u Rwanda.

Kuva icyo gihe uyu muryango umaze gutoza abana bakina Basketball ibihumbi 40 baturutse mu bihugu 17 byo ku mugabane wa Afurika. Umaze kubaka ibibuga 30, aho 26 muri byo byubatswe n’umushinga wa ‘Built Within’ watangijwe mu 2021 ufite intego yo kuzubaka ibibuga 100 bya Basketball mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.

Mu Rwanda kimwe mu bikorwa byashibutse muri uyu mushinga ni isanwa ry’ikibuga cy’umukino w’intoki wa Basketball cyo kuri Club Rafiki i Nyamirambo. Cyatashywe na Perezida Paul Kagame na Masai Ujiri ku wa 8 Kanama 2017.

Gusana iki kibuga ni isezerano ryatanzwe mu 2015 ubwo abatangije Giants of Africa bazaga mu Rwanda bakagira umwanya wo kujya guhura n’abana bakinira Basketball kuri Club Rafiki. Hari kandi n’ingando z’abana zikorwa buri mwaka kuva mu 2015.

Mu gukomeza kwizihiza iyi sabukuru, ku wa 20 Werurwe 2023, i Toronto muri Canada hazabera umuhango wo gushishikariza Abanyafurika batuyeyo kugaruka gushyigikira Umugabane bakomokaho binyuze mu bumenyi n’amikoro.

Perezida Kagame na Masai Ujiri ubwo bafunguraga ku mugaragaro ikibuga cya Club Rafiki cyavuguruwe mu 2017
Ingando za Giants of Africa zikorwa buri mwaka kuva mu 2015
Giants of Africa imaze gutoza Basketball abana ibihumbi 40 muri Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .