00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwahoze ari umwarimukazi w’Ubutabire agiye gusifura mu Gikombe cy’Isi cy’Amakipe

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 1 Gashyantare 2023 saa 07:23
Yasuwe :

Umunyamerika Kathryn Nesbitt wahoze ari umwarimukazi w’Ubutabire ndetse akaba akomeje gukora amateka, agiye gusifura mu Gikombe cy’Isi cy’Amakipe.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 1 Gashyantare 2023, muri Maroc haratangira imikino y’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe gikinwa n’amakipe arindwi yatwaye ibikombe ku migabane yayo.

Kathryn ni umugore usifura ku ruhande, uzagaragara muri iri rushanwa. Aganira n’urubuga rwa internet rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru ku Isi (FIFA), yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kureka ubwarimu mu 2019 akiyegurira ruhago.

Yagize ati “Nahoze ndi umwarimu w’Ubutabire kugeza mbere y’ibyumweru bibiri ngo nerekeze mu Bufaransa mu Gikombe cy’Isi cy’Abagore mu 2019. Namaze imyaka icumi ndi gukora ubushakashatsi muri Laboratwari muri Kaminuza ya Towson.”

Kathryn akomeje gukora amateka kuko aherutse gukora andi yo kuba ari we musifuzi wa mbere w’umugore wasifuye imikino ya ⅛ mu Gikombe cy’Isi cy’Abagabo giheruka kubera muri Qatar.

Ni umwe mu basifuzi batandatu b’abagore, batatu bo hagati na batatu bo ku ruhande, bari bagiriwe icyizere cyo kuyobora iyo mikino ku nshuro ya mbere mu myaka 92 y’iri rushanwa.

Kathryn watangiye gusifura yinezeza ubwo yari afite imyaka 14, mu 2020 yabaye umugore wa mbere wasifuye umukino w’abagabo mu mikino y’ababigize umwuga muri Amerika ya Ruguru, ubwo yasifuraga uwahuje Columbus Crew na Seattle Sounde muri MLS Cup.

Uyu mugore uzasifura n’Igikombe cy’Isi cy’Abagore kizaba muri uyu mwaka, yavuze ko guhabwa amahirwe nk’aya bikwiye no gukingurira imiryango abandi bakobwa cyangwa abagabo bashaka kuba abasifuzi.

Muri Gicurasi mu 2022, ubwo hatangazwaga abasifuzi bazayobora iyo mikino, Umuyobozi w’Abasifuzi muri FIFA, Pierluigi Collina, yatangaje ko bahitamo abasifuzi bagendeye ku bushobozi atari ku buringanire.

Yagize ati “Ni ubushobozi bukora ntabwo ari uburinganire. Ndizera ko mu bihe bizaza abagore bazajya basifura amarushanwa akomeye y’abagabo bigafatwa nk’ibisanzwe kuko babifitiye ubushobozi kandi bitwara neza.”

Uyu mwaka, Igikombe cy’Isi cy’Amakipe kizitabwirwa na Al Ahly, Real Madrid, Flamengo, Al Hilal, Seattle Sounders, Auckland City na Wydad Casablanca ihagarariye Maroc yakiriye amarushanwa.

Umukino wa mbere urahuza Al Ahly ihagariye Afurika na Auckland City FC ihagarariye Umugabane wa Océanie kuri uyu wa Gatatu, tariki 1 Gashyantare 2023 saa Tatu z’ijoro.

Umunyamerika Kathryn Nesbitt wahoze ari umwarimu, agiye gusifura Igikombe cy'Isi cy'Amakipe
Kathryn Nesbitt yasifuye mu Gikombe cy'Isi cyabereye muri Qatar
Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, ari kumwe na Kathryn Nesbitt

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .