Ni ubutumwa Dr Biruta yashyikirije Perezida N’Guesso mu biganiro bagiranye, byabereye mu rugo rwa Perezida wa Congo mu murwa mukuru Brazzaville.
Mu butumwa ibiro bya Perezida wa Congo byashyize hanze, ntabwo hagaragajwe ubutumwa Perezida Kagame yoherereje mugenzi we Denis Sassou-N’Guesso.
Icyakora, ibi biganiro bibaye mu gihe u Rwanda rumaze iminsi rutarebana neza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biturutse ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.
Ni mu gihe mu kwezi gushize, Perezida Denis Sassou-N’Guesso yagiye i Kinshasa kuganira na Perezida Felix Tshisekedi ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC.
Audience |
Le Président de la République, Denis Sassou-N’Guesso s’est entretenu, ce Mercredi 25 janvier 2023, à sa résidence du plateau, avec Vincent Biruta, Ministre rwandais des affaires étrangères, porteur d’un message du Président Paul Kagamé. pic.twitter.com/1IfUf9uhwu— Présidence de la République (@PR_Congo) January 25, 2023
Uretse ibibazo bya RDC, u Rwanda rusanganywe umubano mwiza na Repubulika ya Congo mu nzego zitandukanye zirimo ubukungu, ubucuruzi n’ibindi.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!