00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ntabwo tuzamusubizayo ku gahato- Minisitiri Biruta kuri Ambasaderi Vincent Karega wirukanywe na RDC

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 26 Mutarama 2023 saa 09:03
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Biruta Vincent yavuze ko icyemezo cyafashwe na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo mu Ukwakira 2022, cyo kwirukana uwari uhagarariye u Rwanda muri icyo gihugu, nta kindi u Rwanda rwagikoraho uretse gutegereza igihe umubano w’impande zombi uzaba wasubiye mu buryo.

Inama Nkuru ya Gisirikare muri RDC [Conseil Supérieur de la Défense] yakoranyijwe na Perezida Tshisekedi, tariki 29 Ukwakira 2022 i Kinshasa, ni yo yafashe umwanzuro wo kwirukana Ambasaderi Karega.

Ni icyemezo basabye kubera ko u Rwanda ngo rwakomeje gushyigikira umutwe wa M23, ndetse ko ngo ubuyobozi bw’u Rwanda bwirengagije imirongo migari yemeranyijweho mu gukemura ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC.

Minisitiri Dr Biruta kuri uyu wa 26 Mutarama 2023, yabwiye Abadepite ko u Rwanda rufite ubushake bwo kubana n’ibihugu bituranyi ariko mu gihe byo bitabishatse nta kindi rwakora.

Dr Biruta yasubizaga ikibazo cya Depite Pie Nizeyimana, wabajije icyo u Rwanda ruzakora nyuma y’uko uwari Ambasaderi warwo muri RDC yirukanywe.

Ati “Congo iherutse kwirukana Ambasaderi wacu, ibi nk’u Rwanda twabyakiriye gute? Ni iki twiteguye kubikoraho mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga?”

Mu kumusubiza, Minisitiri Dr Biruta yagize ati “Ibyo kwirunaka Ambasaderi wacu [...] igihugu iyo gishatse ko mutabana wabikoraho iki se? Ubwo umunsi hagizeho igihe Guverinoma yaba iriho cyangwa se indi izaza ikwiye kubana n’abaturanyi, twebwe turiteguye tuzabana.”

Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bikomeje gukorerwa bamwe mu baturage ba RDC bihabanye n’amahame u Rwanda rugenderaho yo kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Ni ibikorwa Umuryango Mpuzamahanga uherutse kuvuga ko bishobora kuba biganisha kuri Jenoside yibasiye Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Minisitiri Dr Biruta ati “Ibihugu bibana bishingiye ku myumvire no ku mahame n’indagagaciro bigenderaho, ubundi niba igihugu kiyemeje kujya mu bikorwa nka biriya byo gutoteza abaturage bamwe na bamwe, kubaheza no kubica n’ibindi [...] Ntabwo aritwe twafashe icyemezo cyo gukurayo Ambasaderi ariko ubundi byakabaye byiza tubanye nabo n’iyo mico yarahindutse, dufite imyumvire imwe, tureba mu cyerekezo kimwe”.

Minisitiri Dr Biruta yavuze ko u Rwanda rufite ubushake bwo kubana n’amahanga ariko ruzabana n’ibihugu bifite ubushake bwo kubana narwo.

Ati “Naho ubundi baramwirukanye ariko ntabwo tuzamusubizayo ku gahato.”

Mbere y’uko Ambasaderi Karega yirukanwa muri RDC, Guverinoma y’icyo gihugu yari yabanje kumuhamagaza kugira ngo atange ibisobanuro ku birego iki gihugu gishinja u Rwanda ko rutera inkunga Umutwe wa M23. Ni ibirego u Rwanda ruhakana.

Ambasaderi Vincent Karega wahoze ahagarariye u Rwanda muri RDC yari yitabiriye
Abagize Biro y’Umutwe w’Abadepite_ Perezida, Mukabalisa Donatille (hagati) Visi Perezida ushinzwe ibikorwa by’inteko, Mukabagiwiza Edda ndetse na Visi Perezida ushinzwe Imari n’Ubutegetsi, Sheikh Harerimana Mussa Fazil
Depite Pie Nizeyimana yabajije Minisitiri Dr Biruta uko u Rwanda rwakiriye iyirukanwa rya Ambasaderi warwo muri RDC
Depite Madina Ndangiza ubwo yari mu Nteko Rusange yatangarijwemo uko umubano w'u Rwanda n'ibihugu byo mu Karere uhagaze
Minisitiri Dr Biruta yitabye Inteko ari kumwe na Mukuralinda Alain ndetse na Ambasaderi Vincent Karega
Perezida w'Umutwe w'Abadepite, Mukabalisa Donatille ni we wayoboye ibi biganiro
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y'u Rwanda, Mukuralinda Alain ubwo yari akurikiranye ibi biganiro

Amafoto: Irakiza Yuhi Augustin


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .