00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Patricia Scotland ku bikorwa bya Commonwealth ayoboye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 Mutarama 2023 saa 07:16
Yasuwe :

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, byagarutse ku bikorwa biri gukorwa mu iterambere ry’uyu muryango.

Umukuru w’Igihugu ni we Muyobozi wa Commonwealth kuva u Rwanda rwakwakira inama yawo yabereye i Kigali muri Kamena 2022.

Ibiganiro bye na Scotland byari bigamije kurebera hamwe ibikorwa biri gushyirwa mu ngiro mu iterambere ryawo.

U Rwanda rwahawe kuyobora Commonwealth nyuma y’imyaka 13 rumaze ruwinjiyemo.

Ubwo yafunguraga inama yabereye i Kigali muri Kamena 2022, Perezida Kagame yavuze ko Commonwealth ikenewe kuko ari umuryango uhangana n’ibibazo Isi ifite, ku buryo byitabwaho aho kubirebesha ijisho rimwe.

Yatanze urugero ku bibazo by’imihindagurikire y’ibihe n’uburyo ikoranabuhanga rishobora kwifashishwa mu guhanga imirimo igamije gufasha urubyiruko.

Perezida Kagame ni we Muyobozi wa Commonwealth kuva u Rwanda rwakwakira inama yawo yabereye i Kigali muri Kamena 2022
Perezida Kagame yagejejweho ibikorwa bya Commonwealth mu rwego rwo kurushaho guteza imbere uwo muryango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .