Kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Turkiye, Mevlüt Çavuşoğlu, uri mu ruzinduko mu Rwanda, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Dr Vincent Biruta.
Ni ibiganiro byabaye nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ruri ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali.
Minisitiri Biruta yavuze ko aba bayobozi baganiriye ku ngingo zireba ibi bihugu, akarere n’isi muri rusange n’uburyo bwo kurushaho kwagura umubano.
Dr Biruta yavuze ko u Rwanda na Türkiye bifitanye imikoranire myiza kandi yakomeje gutanga umusaruro binyuze mu masezerano byagiye bisinyana.
Ati "Kugeza muri iki gitondo tumaze gusinyana amasezerano 21 y’ubutwererane mu nzego zitandukanye zirimo ubucuruzi n’ishoramari, umutekano, ubwirinzi n’igisirikare, uburezi, gukuraho za Viza, umuco na dipolomasi."
Yashimye inkunga Türkiye ikomeza guha u Rwanda, aho ubu rufite abanyeshuri 240 bigayo, barimo 81 bahawe buruse n’icyo gihugu.
Yashimye ko ubucuruzi bw’ibihugu byombi bwakomeje kwiyongera, buva kuri miliyoni $31 mu 2019 bugera kuri miliyoni $178 mu 2022.
Ati "Urumva ko bwikubye hafi inshuro eshanu mu myaka itatu."
Kugeza ubu kandi ishoramari ry’ibigo byo muri Türkiye risaga miliyoni $500 mu nzego zirimo inganda, ubwubatsi, amahoteli n’ibindi.
Imishinga yubatswe bigizwemo uruhare n’ibigo byo muri Türkiye irimo Kigali Convention Centre, BK Arena ndetse barimo no kuvugurura Stade Amahoro.
Minisitiri Biruta yavuze ko ibi bihugu byiyemeje kongera ubufatanye, ari na yo mpamvu hiyongereyeho amasezerano atatu yasiywe ajyanye n’ubutwererane rusange, ubufatanye muri Siyansi, ikoranabuhanga na Inovasiyo n’ayo mu bijyanye n’umuco.
Çavuşoğlu yashimye uburyo u Rwanda rukomeza gutera imbere, rukarenga amateka mabi rwanyuzemo, yasobanukiwe neza ubwo yasuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ku Gisozi.
Yavuze ko yaganiriye na mugenzi we w’u Rwanda ibijyanye n’inzego zitandukanye zirimo ubukungu, ishoramari, ingufu, igisirikare, umuco n’uburezi.
Yakomeje ati "Bijyanye n’amasezerano y’ubutwererane rusange twasinye, tugiye gushyiraho komisiyo ihuriweho, izaba ubundi buryo budufasha kurebera hamwe inzego zitandukanye z’umubano."
Ibi kandi bijyanye no gushyiraho amatsinda y’ubucuti hagati y’inteko zishinga amategeko z’ibihugu byombi.
Kugeza ubu u Rwanda na Türkiye bifitanye umubano ukomeye, aho bihuzwa n’ingendo za buri munsi za Turkish Airlines buri munsi.










TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!