00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba muri Sénégal bashimiwe umusanzu wabo mu kubaka Urwababyaye (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 8 Mutarama 2023 saa 07:44
Yasuwe :

Abanyarwanda baba muri Sénégal basabanye n’inshuti zabo mu gusoza umwaka no gutangira umushya wa 2023, bashimirwa umusanzu badahwema gutera igihugu cyabibarutse.

Ibi birori byabereye kuri Ambasade y’u Rwanda iherereye mu Mujyi wa Dakar muri Sénégal, ku wa 7 Mutarama 2023.

Kuri uwo munsi, Abanyarwanda n’inshuti zabo bagejejweho ijambo rya Perezida wa Repubulika Paul Kagame risoza umwaka wa 2022 mu gitaramo cyo kwifurizanya gutangira neza umushya wa 2023. Banagejejweho uko imihigo y’umwaka ushize yeshejwe kimwe n’iteganyijwe mu 2023.

Perezida w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Sénégal (ACRS), Dr Jovith Ndahinyuka, yasangije abitabiriye ibirori bimwe mu bikorwa bafatanyijemo na Ambasade n’inshuti z’u Rwanda harimo kwizihiza Umunsi w’Intwari z’Igihugu, Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda aho hateguwe gahunda zo kwibuka harimo n’izakorewe muri za Kaminuza zo muri Sénégal (Gaston Berger yo muri St Louis na Institut Supérieur de Management /ISM yo muri Dakar) hatangwa ibiganiro kuri Jenoside yakorewe Abatutsi kimwe n’urugendo bakoze mu minsi 100 mu kwibuka abazize Jenoside rwiswe “Intambwe miliyoni mu kwibuka inzirakarengane zisaga miliyoni zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi’’; Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 28 n’Umunsi w’Umuganura.

Yabashimiye kandi igikorwa cyo gufasha abatishoboye mu rwego rwo kubafasha kwishyura ubwishingizi bwo kwivuza aho batanze inkunga y’agera kuri 5.911.300 Frw yagenewe abatishoboye bo mu Karere ka Nyagatare.

Abanyarwanda baba muri Sénégal banashimiwe inkunga batanze muri gahunda ya “Cana Challenge” yari igamije gufasha Abanyarwanda batishoboye kubona umuriro w’amashanyarazi aho bafatanyije n’abo muri Mali na Gambia batanze inkunga igera ku $5719, akabakaba miliyoni 6 Frw.

Dr Ndahinyuka yagarutse no ku ruhare rwabo mu gushyigikira ibikorwa by’umuco Nyarwanda cyane cyane mu bakiri bato.

Yanabashimiye ubwitange bagaragaje mu gushyigikira amakipe y’u Rwanda yagiye gukina muri Sénégal, aho REG BBC yahagararariye u Rwanda mu Irushanwa rya Basketball Africa League ikanegukana umwanya wa mbere mu makipe yakiniye i Dakar kimwe n’iy’Igihugu, Amavubi yahuye n’iya Sénégal mu irushanwa ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Jean Pierre Karabaranga, na we yashimiye Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ku bikorwa by’indashyikirwa bagizemo uruhare.

Yabashishikarije ko no muri uyu mwaka bazitabira ibikorwa na gahunda zinyuranye zirimo Umunsi w’Intwari z’Igihugu uteganyijwe ku wa 4 Gashyantare 2023; Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994; Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 29, Umunsi w’Umuganura.

Yamenyesheje Abanyarwanda baba muri Sénégal ko hateganyijwe gahunda zinyuranye zigenewe urubyiruko n’abato mu rwego rwo guteza imbere umuco Nyarwanda n’ururimi kavukire n’ibindi bikorwa bizajya bibahuriza hamwe n’inshuti zabo nk’umuganda.

Abanyarwanda kandi bijejwe ko bazakomeza guhabwa serivisi zose bemerewe zitangwa na Ambasade.

Ambasaderi Karabaranga yashishikarije abashoramari bo muri Sénégal gusura u Rwanda no kurushoramo imari no gucuruza ibirukomokamo.

Yaboneyeho gushimira abafatanyabikorwa barimo Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB; Sosiyete y’Igihugu y’Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir; Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi, NAEB; Maraphone Rwanda batanze ibihembo ku batsinze amarushanwa yari agamije guteza imbere ubukerarugendo n’ishoramari mu Rwanda no kurushaho kurumenyekanisha.

Mu butumwa bwe, yashimangiye ko ayo marushanwa azakomeza ku bufatanye n’abo bafatanyabikorwa.

Muri iki gitaramo kandi hashimiwe inshuti z’u Rwanda zatanze ibiganiro mu gihe cyo Kwibuka n’abayobozi b’inzego za Leta n’ab’ibigo byigenga muri Sénégal, babaye hafi cyane Ambasade muri gahunda zose yakoze ifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Jean Pierre Karabaranga, yashimiye Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ku bikorwa by’indashyikirwa bagizemo uruhare
Abanyarwanda baba muri Sénégal bashimiwe umusanzu wabo mu kubaka igihugu cyabibarutse
Byabereye kuri Ambasade y’u Rwanda mu Mujyi wa Dakar muri Sénégal
Abanyarwanda baba muri Sénégal bashimiwe umusanzu badahwema gutanga mu guteza imbere igihugu cyabibarutse
Abanyarwanda baba muri Sénégal basabanye n’inshuti zabo mu gusoza umwaka wa 2022 no gutangira umushya wa 2023
Ambasaderi w’u Rwanda muri Sénégal, Jean Pierre Karabaranga, yasabye Abanyarwanda gukomeza kwitabira gahunda zose zibareba
Ambasaderi Karabaranga yashishikarije abashoramari bo muri Sénégal gusura u Rwanda no kurushoramo imari
Hatanzwe ibiganiro bigaruka ku ngingo zitandukanye
Bataramye bishyira kera
Bafashe n'umwanya wo gucinya akadiho
Byari ibihe by'umunezero

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .