00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Abanyarwanda basabwe kuba intumwa nziza z’igihugu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 Mutarama 2023 saa 08:06
Yasuwe :

Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye Washington D.C, Maryland na Virginia bahuriye i Washington D.C mu birori byo kwizihiza umwaka mushya wa 2023, basabwa kuba intumwa nziza z’igihugu.

Iki gikorwa cyabaye ku wa Gatandatu tariki 21 Mutarama 2023 cyabaye n’umwanya wo gukurikira ubutumwa busoza umwaka umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Perezida Paul Kagame yagejeje ku Banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda.

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa Ambasaderi Mathilde Mukantabana yagarutse ku ipfundo rikomeye riri hagati y’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’uruhare rukomeye umuryango w’abanyarwanda baba muri Amerika bagira kuri ibi bihugu byombi.

Yagaragaje uburyo aba Banyarwanda bakomeje kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo anabashishikariza gukomeza kunga ubumwe no gukurikirana ibibera mu gihugu cyabo bagakomeza kukibaha hafi muri iyi nzira y’iterambere.

Ambasaderi Mukantabana kandi yashimye uruhare rw’inshuti z’u Rwanda mu iterambere ry’igihugu, anabashimira uko bakomeje kukiba hafi.

Madamu Cathy Rwivanga, uhagarariye umuryango w’abanyarwanda baba i Washington D.C, Maryland, no muri Virginia, yagaragaje ibikorwa uyu muryango wagezeho mu mwaka ushize wa 2022 ndetse n’ibyo uteganya mu 2023. Yakanguriye abanyamuryango b’iri huriro gukomeza ubuvugizi, kumenyana no gutsura umubano byose bagamije gukomeza kuba hafi igihugu cyabo cy’u Rwanda.

Yagize ati "Mureke tugende tube intumwa z’u Rwanda, tumenyekanishe u Rwanda, dutsure umubano, dukorane , dufatanye ku bw’igihugu cyacu cy’u Rwanda”

Ibi birori byanitabiriwe n’abadiplomate ndetse n’itangazamakuru bakorera i Washington D.C, byanabaye umwanya wo kwidagadura binyuze mu ndirimbo n’imbyino nyarwanda.

Inshuti z'u Rwanda nazo zitabiriye ibi birori
James Friday wahoze ari umunyamakuru wa RBA ni we wayoboye ibi birori
Cathy Rwivanga uhagarariye umuryango w'abanyarwanda baba i Washington D.C no muri Virginia yasabye bagenzi be kuba intumwa nziza z'igihugu
Wanabaye umwanya wo kumenyana
Byari ibyishimo ku banyarwanda n'inshuti z'u Rwanda
Ambasaderi Mukantabana yagaragaje uburyo abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje kugira uruhare mu iterambere ry'igihugu
Ambasaderi Mukantabana n'abandi bitabiriye iki gikorwa bacinya akadiho
Inshuti z'u Rwanda zasabanye mu mbyino za Kinyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .