00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bamwe mu bahanzi bataririmbye mu gitaramo cya Demarco bagiye kugana inkiko

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 Gashyantare 2023 saa 04:45
Yasuwe :

Abahanzi batabashije kuririmba mu gitaramo cya Demarco giherutse kubera i Kigali, hari amakuru avuga ko bagiye kugana inkiko basaba kwishyurwa ibyo bari bemeranyije n’abagiteguye.

Biravugwa ko abahanzi bataririmbye mu gitaramo cya Demarco giherutse kubera i Kigali muri BK Arena, batishimiye uko bafashwe kuko bahamya ko basuzuguwe.

Sintex yabwiye IGIHE ko we na bagenzi be barimo Spax, Dee Rug Bishanya na Davy Ranks bamaze kubona umunyamategeko ugiye gukurikirana ikibazo cyabo kugeza bishyuwe.

Sintex avuga ko bababajwe n’uburyo uwateguye iki gitaramo yatoranyije bamwe mu bahanzi bagombaga kuririmba muri iki gitaramo akishyura bamwe ari nabo yemereye kujya ku rubyiniro, abandi akabakuriramo aho.

Uyu muhanzi avuga ko igihe bari bakiri kuri BK Arena bagerageje kuvugana n’uwateguye iki gitaramo ariko babonye bigiye kubyara amahane bahitamo kwitahira.

Ati “Abahungu bararakaye mbona bagiye kuvugana nabi n’uwateguye igitaramo, ndabinginga mbasaba ko twataha tukareba icyo amategeko ateganya ubundi tukazagana inkiko twishyuza ibyo batugombaga.”

Nyuma yo kwisuganya, Sintex yavuze ko bahise bashaka umunyamategeko bahuriyeho, akaba ari we bahaye inshingano zo kuganira n’uwabatumiye bananirwa kumvikana bakagana inkiko hagakurikizwa amategeko.

Ku rundi ruhande, twagerageje kuvugana n’abateguye iki gitaramo ariko mu nshuro zose twagerageje kubahamagara ntabwo byadukundiye kuko nimero zabo zitacagamo.

Igitaramo cya Demarco i Kigali cyitabiriwe n'abantu mbarwa bituma gitinda gutangira, yewe abahanzi bose bari batumiwe ntibabasha kuririmba
Byageze mu ijoro muri BK Arena nta bantu barimo
Bamwe mu bahanzi bataririmbye mu gitaramo cya Demarco bagiye kugana inkiko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .