00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu ndirimbo ye nshya, Umutare Gaby yagereranyije umugore n’ijuru

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 Gashyantare 2023 saa 09:55
Yasuwe :

Umutare Gaby wari umaze umwaka adasohora indirimbo nshya, yakoze mu nganzo yongera gukora ku marangamutima y’abakunze ijwi rye ndetse n’amagambo aryoheye ugutwi yakunze kuririmba, asohora indirimbo ye nshya yise ‘Juru’.

Ni indirimbo uyu mugabo yakoze aririmbamo urukundo ntagereranywa akunda umugore we ndetse ahamya ko amufata nk’ijuru rito rye.

Mu mpeshyi ya 2017 nibwo Umutare Gaby wakoze ubukwe na Joyce Nzere bahise banimukana bajya gutura muri Australia, kuva ubwo uyu muhanzi ahamya ko ahagaritse iby’umuziki.

Mu 2021 nibwo agatima kongeye gutera, Umutare Gaby asohora indirimbo yise ‘Umuntu’, iyi akaba ayikurikije ‘Juru’ yakoreye umugore we bamaranye imyaka hafi itandatu.

Iyi ndirimbo isohotse mu gihe muri iyi minsi uyu mugabo aherutse kuvugwaho inkuru z’uko hari umugore yavuye mu Rwanda babyaranye abana b’impanga ndetse wanamaze kwiyambaza inkiko.

Uyu mugore avuga ko yifuza ko urukiko rutegeka Umutare kwiyandikaho abana yabyaye ndetse rukamutegeka no kwita ku nshingano ze nk’umubyeyi.

Kugeza ubu Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherutse guhuriza ababuranyi mu nama ntegurarubanza yarangiye banzuye gukomeza urubanza.

Mu ndirimbo ye nshya, Umutare Gaby yagereranyije umugore n’ijuru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .