00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mwishywa wa Micheal Jackson agiye gukina filime igaruka ku bigwi by’uyu muhanzi

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 31 Mutarama 2023 saa 05:40
Yasuwe :

Mwishywa wa Micheal Jackson, Jaafar Jackson agiye kugaragara muri filime igaruka ku bigwi byaranze uyu muhanzi mu rugendo rwe rwa muzika.

Ni filime izagaruka ku bihe Micheal Jackson yagiriye mu itsinda rya ‘The Jackson 5’ kugeza yiswe umwami w’injyana ya Pop ku Isi.

Iyi filime izibanda nanone ku mbyino za Micheal Jackson ziswe ‘The moonwalk’, yagiye akora mu bitaramo bitandukanye, bikaba bimwe mu byatumye akundwa cyane mu kinyejana cya 20 .

Jaafar Jackson uzagaragara akina ari Micheal Jackson , ni umuhungu w’umuvandimwe w’uyu muhanzi Jermaine Jackson, bahoranye mu tsinda ‘The Jackson 5’.

Jaafar Jackson w’imyaka 26, ni umwana wa kabiri wa Jermaine Jackson. Kuri ubu ni umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo wavukiye mu Mujyi wa Los Angeles, muri leta ya California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Yakunze kuririmba indirimbo z’abanyabigwi nka Marvin Gaye, Sam Cooke n’abandi azisubiramo, mu 2019 amurika indirimbo ye ya mbere yise ‘Got me singing’.

Jaafar Jackson ni umwishya wa Michael Jackson
Jaafar arifuza gukora filime ku mateka ya Michael Jackson

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .