00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Will Smith agiye gusohora igice cya kane cya filimi ‘Bad Boys’

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 2 Gashyantare 2023 saa 11:12
Yasuwe :

Will Smith yatangaje ko hagiye gusohoka igice cya kane cya filimi ‘Bad Boys’ yahuriyemo na Martin Lawrence, nyuma y’uko yari yakomanyirijwe n’ibigo bitunganya iyi filimi kubera urushyi yakubise Chris Rock mu bihembo bya Oscars.

Kuri uyu wa 1 Gashyantare 2023 nibwo Will Smith abinyujije kuri Instagram, yashyizeho amashusho ari kumwe na Martin Lawrence, bemeza ko igice cya kane cy’iyi filimi kigiye kujya hanze mu minsi ya vuba.

Igice cya kane cy’iyi filimi kiri gutunganywa na Sony kizayoborwa na Adil El Arbi na Bilall Fallah bayoboye ibice byabanje.

Bad Boys yakunzwe na benshi igice cya mbere cyasohotse mu 1995 cyinjije miliyoni 141$, icya kabiri cyagiye hanze mu 2003 cyinjije miliyoni 273$, igice cya gatatu cyo cyasohotse mu 2020.

Filimi Bad Boys igiye gushyira hanze igice cya kane irimo imirwano n’urwenya.

Abakunzi bayo bari bafite impungenge ku gusohoka kwayo nyuma y’uko 2022 Sosiyete zitunganya filime muri Amerika zirimo Sony na Netflix zahagaritse imishinga zari zifitanye na Will Smith kubera urushyi yakubise Chris Rock.

Will Smith agiye gusohora igice cya kane cya filimi ‘Bad Boys’

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .