00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cannes: Imbamutima z’abikorera bitabiriye imurikabikorwa mpuzamahanga ry’ubukerarugendo

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 10 Ukuboza 2022 saa 04:10
Yasuwe :

Abanyarwanda bitabiriye imurikabikorwa mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo mu Mujyi wa Cannes mu Bufaransa, barashima amahirwe bahabwa na Leta y’u Rwanda mu kugaragaza ibyiza bitatse igihugu mu bukerarugendo.

Iri murikabikorwa mpuzamahanga ry’ubukerarugendo bwo ku rwego rwo hejuru (International Luxury Travel Market, ILTM), ryatangiye ku itariki ya 5 Ukuboza, rirangira ku itariki ya 9 uku kwezi.

Abahagarariye ibigo byabo baturutse mu Rwanda bamuritse ibikorwa byabo i Cannes, nabo bahawe umwanya bamurika ibyo bakora mu bigo byabo na serivisi batanga mu bukerarugendo, hagamijwe gukangurira abahagarariye ibyo bigo mpuzamahanga kohereza ba mu kerarugendo mu Rwanda.

Manzi Kayihura uyobora Thousand Hills Africa, imaze kwitabiri iri murikabikorwa ku nshuro ya gatandatu, yabwiye IGIHE ko byari ishema kuri bo gusobanurira abantu ibihumbi bitandatu bose bashishikajwe no kumenya u Rwanda.

Yagize ati “Twaguye ahashashe kuba tuza tugasanga dufite umwanya nk’abahagarariye u Rwanda, gahunda bazidukoreye twe tukaza tuje kuvuga ibyiza by’u Rwanda.”

Yakomeje agira ati, “Turashima RDB ku byo idukorera, badahari ntitwabishobora. Kandi gushima RDB ni ugushimira igihugu, tudafite ubuyobozi bwiza ibi byose ntitwabigeraho.”

Françoise Ihirwe, wari uhagarariye sosiyete ya Volcano Safaris, yavuze ko wari umwanya mwiza wo gusobanurira abari bafite amatsiko ku gihugu cy’u Rwanda ndetse n’abifuza kuhagera.

Yagize ati “Ni byagaciro kugira aya mahirwe yo kuza kubwira Isi yose ibyo dukora mu mwanya muto tuba dufite, kandi tumenyekanisha n’Igihugu. Natangajwe no kubona ari twe gihugu cyo muri Afurika gihari, byerekana imbaraga guverinoma y’u Rwanda ishyira mu gufasha abikorera n’iterambere ry’ubukerarugendo muri rusange.”

Iri murikabikorwa ryaberaga mu nyubako isanzwe yakira ibikorwa bikomeye ya ’Palais des Festivals’.

Mu byo u Rwanda rwerekanye harimo ahantu nyaburanga hatandukanye, za pariki, amahoteli n’ibindi, abaganiriza aho u Rwanda rugeze mu kugira ubumenyi no gukomeza kubwongera mu bujyanye no kwakira abarugana mu bukerarugendo butandukanye.

Manzi Kayihura uyobora Thousand Hills Africa yavuze ko abikorera bafashijwe kumenyekanisha ibyo bakora
Françoise Ihirwe, wari uhagarariye sosiyete ya Volcano Safaris yavuze ko babonye umwanya wo gusobanurira abifuza gusura u Rwanda
Abahagarariye ibigo byabo baturutse mu Rwanda bari kumurika uyu mwaka ibikorwa byabo i Cannes, nabo bahawe umwanya bamurika ibyo bakora mu ibigo byabo na serivisi batanga mu bukerarugendo
Umuyobozi mukuru w’ishami ry’ubukerarugendo no kubungabunga za Pariki mu Rwego rw’Itermbere mu Rwanda (RDB, Kageruka Ariella, yamurikiye abanyamakuru n’abikorera mu bukerarugendo bitabiriye imurikabikorwa ry’ubukerarugendo ririmo kubera i Cannes mu Bufaransa, ibyiza bitatse u Rwanda bishobora gusurwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .