00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

E-Tourism, kimwe mu bisubizo byitezweho kuzahura urwego rw’ubukerarugendo

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 4 Ukuboza 2022 saa 11:32
Yasuwe :

Abakora mu bukerarugendo bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika, bagaragaje ikibazo cy’abakora ubucuruzi batarimakaza gahunda yo kumurika ibyo bakora hifashishijwe ikoranabuhanga, nka bumwe mu buryo bugezweho bwo gukurura abaguzi benshi kandi mu gihe gito.

Hari mu nama yahuje ba mukerarugendo n’abandi babarizwa muri uru rwego bakomoka mu bihugu 15, yateguwe n’Ishami ry’Ubukerarugendo mu rugaga rw’abikorera.

Igamije kurebera hamwe ibibazo byugarije ubukerarugendo ku rwego rw’Igihugu, Akarere na Afurika, hanarebwa uko byakemurwa.

Yitabiriwe n’abo mu bigo bitandukanye by’aba iby’ubucuruzi n’ibitanga serivisi zitadukanye, kugira ngo hahuzwe imbaraga, Afurika na yo ibe mu bicumbi by’ubukerarugendo bwungura ababubamo.

Ku wa Gatanu tariki 2 Ukuboza 2022 hagarutswe ku bibazo bikomeje kwibasira ubukerarugendo, aho kwimakaza ikoranabuhanga bikomeje kuba imbogamizi nyamukuru, kandi ari bwo buryo bushobora gutuma umucuruzi ageza ibyo kora kuri benshi, mu mwanya nk’uwo guhumbya.

Nk’urugero, ubucuruzi bushingiye ku bukerarugendo muri Afurika bubarirwa ku bihumbi 300 ariko muri bwo, ubukoresha ikoranabuhanga rizwi nka ’E-Tourism’ ni 15%, ibituma bubura amahirwe atandukanye aboneka muri uru rwego.

Iyo bavuze ’E-Tourism’ baba bavuga gushyira ibicuruzwa na serivisi zitangwa n’ibigo binyuze ku mbuga zitandukanye zaba imbuga nkoranyambaga, imbuga za internet, n’ibindi ku buryo buhoraho kugira ngo ababikeneye babibone uko bishoboka.

Ni uburyo bushobora gufasha cyane ndetse no mu bihe bigoye, n’iyo abantu baba badashobora guhura.

Mu Rwanda na ho ibibazo bya Covid-19 byazahaje uru rwego rw’ubukerarugendo aho mu 2019 bwari bwinjije miliyoni 498$ mu gihe mu 2020 umusaruro wamanutse ukagera kuri miliyoni 131$.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ubucuruzi bwifashishije ikoranabuhanga mu Ishami rishinzwe Ikoranabuhanga mu Rwego rw’abikorera (PSF), Dushime Chris, yavuze ko bashishikajwe no gusakaza ibigo byigisha ikoranabuhanga mu bice bitandukanye kugira ngo abacuruzi n’abandi bo mu bukerarugendo bimakaze ikoranabuhanga.

Ati "Turashaka kwegereza izi serivisi abantu bose ku buryo bumva icyo gucuruza ndetse no gutanga serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga bivuze, bitume bongera ibyo bacuruza kuko icyerekezo turi kuganamo kirimo amahirwe menshi y’ubucuruzi, ariko ashingiye ku buryo bugezweho bwo gucuruza."

Ku kibazo kijyanye n’uko abenshi mu bacuruzi baba batabisobanukiwe ndetse umubare w’abakozi bazi iri koranabuhanga ukaba ukiri muke, bituma abakiliya bakoresha imbuga z’abo hanze ya Afurika mu kugura ibicuruzwa.

Dushime avuga ko ikibazo ari ukwitinya.

Ati "Ntekereza ko mu bihe bya Covid-19 abantu babonye ko nta yandi mahitamo uretse kwimakaza ubu buryo bw’ikoranabuhanga. Iyo babikora hakiri kare ntabwo ubukungu buba bwarahungabanye cyane. Harabura ubufatanye bw’ibihugu kuko hari ibyabigezeho nubwo ari bike."

"Ibyo bifite aho bigeze, biramutse bifatanyije n’ibikiri hasi, ubukerarugendo bwakomeza gufata indi ntera. Ikoranabuhanga rifasha iyo buri wese abigizemo uruhare cyane. U Rwanda ruri kugerageza, iyaba n’ibindi bihugu byagendaga muri uyu mujyo."

Umuyobozi wIshami ry’Ubukerarugendo muri PSF, Frank Gisha Mugisha, yavuze ko bahagurukiye uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga mu bukerarugendo, kuko bamaze kubona ko aho Isi igana byagorana ku bigo bitarikoresha mu kubona umusaruro.

Avuga ko batangiye kurikoresha mu gukusanya amakuru y’abakenera serivisi zabo bijyanye n’ababakurikira, kugira ngo bamenye aho abakenera serivisi batanga baherereye bityo bibe byakoroha mu kumenya isoko nyaryo.

Ati "Nk’ubu dufite ikintu twise ’Rwandaful’ tugiye gutangiza, uru rubuga ruzahuza abo mu bukerarugendo batandukanye, ku buryo bazashyiraho ibyo bakora byose bikagaragarira buri wese, ukeneye serivisi akaba yayibona byoroshye."

Yatangaje ko uru rubuga ruzaba rukozwe ku buryo bugezweho, aho bazafashwa n’ibigo by’ikoranabuhanga bikomeye.

Icyo gihe "umunyafurika azajya akenera ibicuruzwa byacu runaka ku rubuga agahita abona n’aho yabisanga."

Mu gihe ubukerarugendo bwa Afurika bwakwimakaza ikoranabuhanga, biteganijwe ko umusaruro uvamo wakwiyongera cyane.

Hasangiwe ibitekerezo ku ngingo zitandukanye hagamijwe kureba icyateza imbere ubukerarugendo ku buryo buhoraho
Abanyeshuri bafashijwe na Hanga Ahazaza baje kumurika ibyo bakora
Ibiganiro byayobowe n'Umuyobozi muri RwandAir ushinzwe itumanaho, Hadijah Kamwesiga, haganirwa ku kuntu serivisi zagera ku bazikeneye mu buryo bwihuse
Hamuritswe ibintu bitandukanye birimo na sezame zihingwa muri Afurika
Ngabo Karegeya yamuritse ibikorwa by'ubukerarugendo biboneka mu Bigogwe
Aline Kabanda (iburyo) uyobora Ishami ry'Ubukerarugendo muri PSF ni umwe mu bitabiriye inama y'Ihuriro ry'abo mu bukerarugendo bo mu Bihugu bya Afurika
Umuyobozi mukuru wungirije w'Ishami ry'ubukerarugendo mu rugaga rw'abikorera, Aline Kabanda, ari kumwe n'Umuyobozi mukuru wa Komisiyo y'ubukerarugendo muri Zanzibar, Rahim Bhaloo watangaga igitekerezo
Umuyobozi muri RwandAir ushinzwe itumanaho, Hadijah Kamwesiga, yavuze ko kubakira ubushobozi abo mu bukerarugendo ari nkingi ya mwamba mu guteza imbere uru rwego
U Rwanda rukomeje kwamamaza ubukerarugendo bwarwo binyuze muri Visit Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .