Biteganyijwe ko mu ruzinduko rwe uyu mugore azasura ingagi muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, anaganire n’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (Ferwafa) ku bikorwa by’iterambere rya ruhago y’abagore.
Uruzinduko rw’uyu mugore ruri mu nyungu z’akazi ashinzwe muri Arsenal FC, kuko yasanze iyi kipe ifitanye imikoranire irebana no kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda.
Mu 2018 ni bwo u Rwanda rwinjiye mu bufatanye na Arsenal FC yo muri Premier League, aho rwayibereye umuterankunga wa mbere wambarwa ku maboko y’imipira, haba mu Ikipe Nkuru, iy’Abatarengeje Imyaka 23 no mu y’Abagore.
Aya masezerano y’imyaka itatu yaje kongera kuvugururwa mu 2021. Afasha u Rwanda mu kurumenyekanisha nk’icyerekezo gikomeye cy’ubukerarugendo n’ishoramari, binyuze mu gushyira ikirango ‘Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso ku myenda ya Arsenal FC.
Mu mwaka wa 2021 ni bwo Juliet Slot yafashe ubuyobozi, asimbuye Peter Silverstone wahinduriwe inshingano kubera kugira imirimo myinshi.
Juliet Slot yageze mu Rwanda kandi mu gihe hashize igihe gito, Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa bya Siporo muri Arsenal, Edu Gaspar, ahavuye mu ruzinduko na we rujyanye na gahunda za Visit Rwanda.
Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Arsenal FC, Juliet Slot, ari mu Rwanda muri Gahunda ya #VisitRwanda.
Biteganyijwe ko uyu mugore azasura ingagi mu Birunga, anaganire na FERWAFA ku bikorwa by'iterambere rya ruhago y'abagore. pic.twitter.com/QYPEY6hyex
— IGIHE Sports (@IGIHESports) January 20, 2023

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!