00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwitabiriye imurikabikorwa mpuzamahanga mu bukerarugendo mu Mujyi wa Cannes

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 6 Ukuboza 2022 saa 11:36
Yasuwe :

U Rwanda rwitabiriye imurikabikorwa mpuzamahanga mu bukerarugendo riri kubera mu Mujyi wa Cannes mu Bufaransa, aho ari cyo gihugu cya Afurika kimaze kuryitabira inshuro esheshatu.

Iri murikabikorwa rizwi nka International Luxury Travel Market (ILTM) ryatangiye ku itariki ya 5 Ukuboza, rikazarangira ku itariki ya 9 uku kwezi.

Ribera mu nyubako isanzwe yakira ibikorwa bikomeye ya ’Palais des Festivals’.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubukerarugendo (RDB) ari narwo rufite ubukerarugendo mu nshingano, ni rwo ruhagarariye u Rwanda, hamwe n’abikorera mu bijyanye n’ubukerarugendo batandukanye.

Iri murikabikorwa rihuza abaguzi, abagurisha n’abafatanyabikorwa mu bijyanye n’ubukerarugendo baturutse hirya no hino ku Isi.

U Rwanda ruhagarariwe n’abagurisha serivisi z’ubukerarugendo bigenga, baryitabiriye babifashijwemo na Leta binyuze muri RDB.

Itsinda ry’Abanyarwanda bitabiriye iri murikabikorwa ry’Ubukerarugendo rigizwe na Manzi Kayihura uyobora Thousand Hills Africa, Roberto Viviani uhagarariye Wilderness Safari, Simon Bruce Miller uhagarariye Uberluxe Safaris, Reginal Hakizimana uhagarariye Rwanda Eco Company and Safaris na Denis Lefebvre uhagarariye Palace Tours.

Harimo kandi Françoise Ihirwe Tunga uhagarariye Valcanoes Safari, Danny Nizeye uhagarariye Akagera Aviation na Robert Gakimbiri uhagarariye Primate Safaris.

Nk’uko bisanzwe, ukigera aho u Rwanda rwerekanira ibikorwa by’ubukerarugendo wakirwa n’amashusho meza agaragaza ubwiza bw’u Rwanda, ndetse ukahabonera ibisobanura by’uburyo wasura u Rwanda ubifashijwemo n’abahagarariye ibigo bitanga serivisi z’ubukerarugendo mu Rwanda.

Umuyobozi mukuru w’ishami ry’ubukerarugendo no kubungabunga za Pariki muri RDB, Kageruka Ariella, yabwiye IGIHE ko uyu munsi wa mbere waranzwe n’inama zibanze ku buryo bwo korohereza abakiliya bifuza gusura u Rwanda.

Ati "Twabonye ko hari benshi bafite inyota yo kongera ibikorwa abantu basura, mu bihugu baboherezamo bakaba basura n’u Rwanda, rero bakaba bifuza gukorana bya hafi n’abacuruzi batandukanye bakora ibijyanye n’ubukerarugendo baje baturutse mu Rwanda bashaka gukomeza kugeza ubucuruzi bwabo ku rwego rwo hejuru."

Kageruka yongeyeho ko kwitabira iri murikagurisha bigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu kuzamura ubukerarugendo bwarwo.

Ati "Turi hano kugira ngo dukomeze guhura no kuganira n’abandi bafatanyabikorwa kuri uru rwego ruhanitse, u Rwanda narwo rukomeze rugaragare muri uru ruhando mpuzamahanga kuko twigiramo byinshi."

ILTM ni Ihuriro ry’abaguzi n’abagurisha ba za serivisi z’ubukerarugendo buhanitse nk’uko izina "Luxury Travel" ribivuga.

Kurikira video

Aho u Rwanda rumurikira ubukerarugendo bwarwo haba hiranga
Kageruka aganira na bamwe mu bitabiriye imurikabikorwa
Manzi Kayihura uyobora Thousand Hills Africa na Roberto Viviani uhagarariye Wilderness Safari bakira abafatanyabikorwa
Aya ni amahirwe yo kugira ngo abantu bamenye ibyiza basura mu Rwanda
Aho u Rwanda rumurikira ubukerarugendo bwarwo hari amashusho y'ibyiza nyaburanga rufite
Ibirango bya Visit Rwanda biba bigaragara aho u Rwanda rurimo gukorera
Mu byiza nyaburanga u Rwanda rumurika, harimo n'ibiboneka muri Pariki y'Igihugu y'Akagera
Iri murikabikorwa ryahurije hamwe ibihugu byinshi

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .