00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubukerarugendo bw’u Rwanda mu Imurikagurisha rya ’Vakantiebeurs 2023’ (Amafoto na Video)

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 12 Mutarama 2023 saa 10:31
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka itatu Imurikagurisha ry’Ubukerarugendo ku rwego mpuzamahanga ribera mu Mujyi wa Utrecht mu Buholandi rizwi ku izina rya Vakantiebeurs rihagaritswe kubera icyorezo cya Covid-19, ryongeye gufungura imiryango, aho u Rwanda rwaryitabiriye ku nshuro ya 11.

Guhera tariki ya 11 kugeza tariki 15 Mutarama 2023, u Rwanda rwitabiriye iri murikagurisha ruhagarariwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, RwandAir, Mist Rwanda Safaris, Kingfisher Journeys, Judith Safaris na Silverbird Tours.

Umunsi wo gutangira ukaba wari uteganyirijwe abakora ubukerarugendo nk’umwuga mu mahuriro bita B2B.

Umunsi wo ku wa Kane, tariki ya 12 Mutarama 2023 n’izawukurikira izaba yihariye kuko izahuza abashaka gukora ubukerarugendo mu bihugu bitandukanye by’Isi n’abacuruza ubukerarugendo batandukanye harimo n’abo mu Rwanda.

Vakantiebeurs ni igikorwa ngarukamwaka cyitabirwa cyane n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’u Burayi aho kuri ubu u Rwanda ari kimwe mu bihugu 94 byaryitabiriye’.

Biteganyijwe ko iri murikagurisha rizasurwa n’abarenga ibihumbi 100 mu gihe ibigo bikora iby’ubukerarugendo birenga 12.000 byitabiriye ndetse n’abamurika bafite stands barenga 1.100.

Ku munsi wa mbere w’iri murikagurisha, IGIHE yaganiriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, adutangariza uko bakiriye kuryitabira ku nshuro ya 11.

Yagize ati "Ukurikije uruhando rw’amahanga u Rwanda rwajemo birerekana imbaraga n’umwanya iri murikagurisha ry’ubukerarugendo riri ku rwego mpuzamahanga, kandi rigahuza abakerarugendo bo mu bihugu nk’u Buholandi, u Bubiligi na Luxembourg, ibihugu bita Benelux.’’

"U Rwanda nk’igihugu cyateye imbere mu bukerarugendo cyiyemeje kuryitabira kugira ngo twerekane ibyiza bitatse igihugu cyacu, amapariki dufite nk’iy’Ibirunga, Nyungwe n’izindi.’’

Amb. Nduhungirehe yavuze ko kuba iri murikagurisha ryaritabiriwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB n’ibindi bigo by’abikorera bigaragaza ko biteguye kureshya ba mukerarugendo uko bikwiye.

Philbert Ndandali uhagarariye RDB muri iri murika mu kiganiro na IGIHE yasobanuye ko barikoresha mu gukangurira abantu batandukanye gusura u Rwanda.

Yagize ati "Iri murika ni umwanya mwiza aho RDB na sosiyete zo mu Rwanda zikora ubukerarugendo zihura n’izo muri ibi bihugu ndetse na bamukerarugendo tukabakumbuza gusura u Rwanda. Ni umwanya mwiza wo gutangiza uwo mubano mwiza mu by’ubucuruzi mu rwego rw’ubukerarugendo hagati ya sosiyete z’Abanyarwanda n’abanyamahanga. Nyuma ya Covid-19 kwitabira iri murika biradufasha kurushaho kuzahura uru rwego rw’ubukerarugendo mu gihe kidatinze."

Ni ku nshuro ya 11 u Rwanda rwitabira iri murikagurisha ry’ubukerarugendo u Rwanda; ruhagarariwe na Ambasade y’u Rwanda, RDB, RwandAir ihagarariwe na Charles Gashumba na sosiyete z’ubukerarugendo mu Rwanda nka Mist Rwanda Safaris ihagarariwe na Brian Kaddu; Kingfisher Journeys ihagarariwe na Steven Venton; Judith Safaris ihagarariwe na Judith Uwimana na Silverbird Tours ihagarariwe na Jean Pierre Tuyishime.

Iri murika ni umwanya mwiza wo guhuza abo bantu kugira ngo baganire na ba mubakerarugendo, ndetse n’ababafasha kumenya ibihugu basura hirya no hino ku Isi ariko cyane cyane babashishikariza gusura u Rwanda.

Abakerarugendo baturuka muri Benelux, mu bihugu birimo u Buholandi, u Bubilgi na Luxembourg, usanga ari abakerarugendo bashaka ibindi bikorwa basura, bafite amatsiko y’ibikorwa byihariye, nk’imisozi y’u Rwanda, ibibaya ndetse ugasanga bakunda cyane ubukerarugendo bwo kunyonga amagare. Uyu ni umwanya mwiza wo guteza imbere no kwamamaza ubwo bukerarugendo cyane ko u Rwanda ruzakira Shampiyona y’Isi y’Amagare izaruberamo mu 2025.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, aganira n'umwe mu bitabiriye Imurika ry’Ubukerarugendo ribera mu Mujyi wa Utrecht rizwi nka ‘Vakantiebeurs’
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe (hagati) ari kumwe n'Umujyanama Mukuru muri Ambasade, Sebera Minega Michel (ibumoso) n'Umunyamabanga wa Mbere muri Ambasade, Jean Hugues Mukama basura aho ibindi bihugu byamurikiye ubukerarugendo bwabyo
Biteganyijwe ko abazasura iri murikagurisha bashobora kurenga ibihumbi 100
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda rwitabiriye imurikagurisha ribera mu Buholandi mu kwerekana ibyiza birutatse birimo pariki n’ibindi ba mukerarugendo bashobora gusura
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, yagiranye ibiganiro byihariye n'abitabiriye iri murikagurisha, anabashishikariza gusura ibyiza nyaburanga bitatse Urwagasabo
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, n'abandi bitabiriye iri murikagurisha bafashe ifoto y'urwibutso

  U Rwanda rwamuritse ibyiza nyaburanga ba mukerarugendo bashobora gusura

Tuyishime Peter uyobora Silverbird Tours Agency Ltd aganiriza umwe mu bifuza gusura u Rwanda
RwandAir yasobanuye abasuye 'stand' y'aho u Rwanda ruri serivisi itanga
Visit Rwanda yamuritswe ahari kubera imurikagurisha mu Buholandi
Brian Kaddu uyobora Mist Rwanda Safaris aganira n'abifuza amakuru ku bukerarugendo bw'u Rwanda
Ambasaderi w'u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe na Gashumba Charles uhagarariye RwandAir mu Imurikagurisha rya ’Vakantiebeurs 2023’ riri kubera mu Buholandi
Ikigo Royal Balloon Rwanda cyasobanuye serivisi zacyo zo gutembereza ba mukerarugendo muri Pariki y’Akagera, bigakorwa hifashishijwe umutaka munini uzwi nka Hot Air Balloon (umeze nk’igipurizo kinini)
Ngumire Jean Claude amurika ibitabo bivuga ku Rwanda muri 'Vakantiebeurs 2023'

  N’ibindi bihugu byamuritse umwihariko wabyo mu bukerarugendo

Norvège iri mu bihugu bifite aho byerekanira ubukerarugendo rwabyo
Uganda na Malawi ni bimwe mu bihugu byo muri Afurika bihagarariwe
Slovenia iri mu bihugu byitabiriye iri murikagurisha
Abahagarariye ibihugu byabo mu Buholandi bitabiriye itangizwa ry'iri murikagurisha
Ibihugu bitandukanye byitabiriye iri murikagurisha
Peru na Canada biri mu bihugu byitabiriye Imurikagurisha rya ’Vakantiebeurs 2023’

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .