00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mayfair Insurance Company Rwanda Ltd yahawe umuyobozi mushya

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 28 Mutarama 2023 saa 05:34
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwishingizi, Mayfair Insurance Company Rwanda Ltd, bwagize Umunyarwandakazi Jessica Igoma umuyobozi mukuru wacyo asimbuye Muhimuzi Mugisha Daniel.

Iki kigo cyihaye intego yo gutanga ubwishingizi bunogeye Abanyarwanda n’ibikorwa byabo birimo ubuhinzi, ukeneye ubwishingizi akoroherezwa kubwishyura kandi hagashyirwa imbaraga mu kuzamura imyumvire y’Abanyarwanda mu bijyanye n’ubwishingizi.

Kuri uyu wa 27 Mutarama 2023 nibwo Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi ya MayFair Insurance, Byusa Hangu Alphonse, yatangarije abakozi, abanyamuryango, abakiliya n’abafatanyabikorwa impinduka zabayeho mu buyobozi bw’iki kigo.

Yagaraje ko Jessica Igoma wari usanzwe mu nama y’ubutegetsi y’iki kigo, ari we ugiye gusimbura Mugisha Daniel watangiranye na cyo kuva cyagera mu Rwanda mu 2017.

Byusa Hangu Alphonse yavuze ko biteze byinshi ku muyobozi mushya ushyizweho ndetse anasaba abafatanyabikorwa n’abandi bakozi b’ikigo gukomeza gufatanya na we mu guharanira iterambere rusange ry’ikigo.

Yashimye cyane umurava waranze Mugisha Daniel watangiranye n’iki kigo ubwo cyafunguraga imiryango mu Rwanda ndetse anamwifuriza ishya n’ihirwe mu rugendo rwe rw’ahazaza.

Ati “Azarangiza inshingano ze ku wa 31 Mutarama 2023, yagize uruhare rukomeye ku iterambere ryacu. Mu buyobozi bwe ikigo cyagiye cyaguka. Mu izina ry’abanyamigabane n’inama y’ubutegetsi ndagushimira ku bwitange wagize, ubunyangamugayo no kwizerwa byakuranze. Ku bwanjye hari ibyo wanyigishije mu birebana n’ubwishingizi ndagushimira.”

Mugisha Daniel yashimye byimazeyo abakozi n’abayobozi uburyo babanye mu gihe yari amaze ari umuyobozi ndetse agaragaza ko hari byinshi bagezeho bafatanyije.

Yasabye ko abakozi n’abayobozi ba Mayfair Insurance Campany mu Rwanda kuzakomeza kuba hafi umuyobozi mushya kugira ngo ikigo kibashe kugera ku ntego zacyo.

Ati “Uyu munsi imyaka itanu n’amezi umunani birashize, nishimira urwo rugendo n’ibyo twagezeho mu rwego rw’imari dushimira abafatanyabikorwa bacu, abakiliya, aba-agents, abanyamigabne n’abayobozi ndetse n’abakozi. Ubwanjye ntacyo nari kwishoboza ntafite abakozi bashoboye bakoze ijoro n’amanywa ngo tugeze ku bakiliya serivisi nziza.”

Jessica Igoma ugiye kuyobora Mayfair Insurance Company yishimiye icyizere yagiriwe ndetse anatanga ubutumwa bwo gushyira imbere serivisi nziza no gukorera mu mucyo.

Yagize ati “Ntewe ishema no guhabwa amahirwe yo kuyobora Mayfair Insurance Company mu Rwanda kandi ndashimira Inama y’Ubutegetsi ya Mayfair ku cyizere bangiriye kandi nizeye ko tuzafatanya mwese tukageza Mayfair ku rundi rwego rwo hejuru.”

Jessica Igoma azakorana n’umuyobozi mushya wungirije, Umunya-Kenya Kamau Chege Benson.

Jessica Igoma wagizwe umuyobozi mukuru si mushya muri iki kigo kubera ko yabaye mu nama y’ubutegetsi kuva mu 2017, yakoze kandi muri komite ishinzwe ubugenzuzi bw’umutungo afite ubunararibonye mu rwego rw’imari kubera ko yabaye umuyobozi mukuru w’Imari mu Urwego Opportunity Bank mbere yo gutangira gukorana na Mayfair.

Mayfair Insurance Company ni sosiyete yaboneye izuba muri Kenya mu 2005, ariko kuri ubu imaze kugaba amashami mu bihugu by’u Rwanda, Tanzania, Uganda, Zambia na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC).

Umuyobozi Kamau Chege Benson azafatanya n'Umuyobozi mushya
Jessica Igoma ni we wagizwe Umuyobozi Mukuru wa Mayfair Insurance Company Rwanda Ltd
Ubwo Byusa yakiraga umuyobozi mushya, yavuze ko ubuhanga bwe bwitezweho byinshi
Mugisha usoje inshingano ze yagiranye ibihe byiza n'abandi mu kabasezeraho
Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, Philip Githiora (iburyo) ari mu bitabiriye iki gikorwa
Mugisha Daniel yashimye uburyo yabanye n'abandi, abaha umukoro wo gufasha uwamusimbuye
Abayobozi batandukanye ba Mayfair Group bitabiriye iki gikorwa
Umuyobozi Mukuru w'Inama y'Ubutegetsi ya Mayfair Insurance Rwanda Ltd, Byusa Hangu Alphonse, yashimye umusanzu wa Mugisha Daniel watangiranye n'ikigo
Hafashwe ifoto rusange n'abayobozi bakuru
Umuyobozi Mukuru wa Mayfair Group, Peter Kenneth yashimye umurava abakozi bakomeje kugaragaza
Mugisha Daniel yahaye impano Umuyobozi Mukuru wa Mayfair Group, Peter Kenneth

Amafoto: Nezerwa Salomon


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .