00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda ibihumbi 750 bagiye gukurwa mu bukene binyuze mu buhinzi n’ubworozi buteye imbere

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 27 Mutarama 2023 saa 02:55
Yasuwe :

Abanyarwanda ibihumbi 750 bagiye gukurwa mu bukene binyuze mu kubaha amahugurwa y’uko bakora ubworozi ndetse n’ubuhinzi buvuguruye, nyuma bahabwe inka zizabafasha kwiteza imbere.

Ni igikorwa bazafashwamo n’Umuryango ‘Ripple Effect Rwanda’ wahoze witwa ‘Send a Cow Rwanda’, usanzwe ukora ibikorwa nk’ibyo mu Rwanda guhera mu 2009.

Kuri uyu wa 26 Mutarama 2023, uyu muryango wahurije hamwe abafatanyabikorwa bawo, mu muhango wo kubamurikira ibyo umaze gukora mu myaka itanu ishize, ndetse no kubagaragariza ibyo uteganya gukora mu yindi itanu iri imbere.

Muri uyu muhango kandi nibwo Ripple Effect Rwanda yahawe iri zina rishya, nyuma y’uko uyu muryango wahoze witwa ‘Send a Cow Rwanda’.

Abahinzi bahagarariye abandi bafashijwe na wo, batanze ubuhamya bw’uko uyu muryango wabakuye mu bukene.

Ni nyuma yo kubaha amahugurwa n’ingendoshuri mu Rwanda no mu mahanga, kugira ngo amatungo bahabwa n’ubuhinzi bakora byitabweho neza.

Bongeraho no guhugura abajyanama mu bworozi, bunganira mu kwita ku nka, igihe ihuye n’ikibazo muganga w’amatungo atari yahagera.

Mukandayisenga Gaudence wo mu Karere ka Kayonza, yatanze ubuhamya bw’ukuntu Ripple Effect yasanze we n’umugabo we bahingira amafaranga 700 none amateka akaba yarahindutse.

Ati ‘‘Twabagaho turi abantu baca inshuro, dutunzwe n’amafaranga 700 twinjizaga kuri buri muntu, kuyahahisha rero byari ikibazo.’’

Nyuma yo guhugurwa, inka yahawe yabyaye inshuro eshanu, ibimasa bitatu babigurisha miliyoni imwe n’ibihumbi 500 Frw, bibafasha kwikura mu bukene burundu.

Ntirenganya Elizaphan wo mu Karere ka Nyanza, avuga ko yahuye na Ripple Effect muri 2009 ikamuhugura ikanamuha inka, ubwo yahingiraga amata kugira ngo abone ayo guha abana.

Ati ‘‘Umugabo uhingira amata murumva uko yari ameze icyo gihe. Inka yaranyororokeye imbyarira imbyaro 11.’’

Ntirenganya avuga ko nyuma yatangiye gufasha abaturanyi be aboroza inka banakora koperative yitwa ‘Jya mbere Mayaga’, kugira ngo bafatanye gushaka isoko ry’umukamo babona.

Iyi Koperative yatangiranye n’abanyamuryango 25, none ubu bageze ku 108. Yatangiye ikusanya amata angana na litiro 100, none ubu bakusanya litiro 2000.

Umuyobozi Mukuru wa Ripple Effect Rwanda, Laurent Munyankusi avuga ko uyu muryango icyo ugamije cyane atari uguha abantu inka, ahubwo ko ari ukubaha ubumenyi butuma bahindura imyumvire bakiteza imbere muri bike bafite.

Ati ‘‘Ntabwo rero byibanze ku bworozi gusa nk’uko mwabikurikiye, twagiye tugira ibikorwa byinshi tumazemo iyo myaka yose, byo guhuza ubworozi ndetse n’ubuhinzi ngo byuzuzanye.’’

Muyankusi akomeza agira ati ‘‘Ariko bigashyigikirwa n’ikintu gikomeye, cyo gufasha abantu guhindura imyumvire, ha handi bumva ko batazabeshwaho na ya nka twabahaye.’’

Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Dr. Solange Uwituze, yavuze ko iki kigo gifite imikoranire myiza n’Umuryango Ripple Effect.

Ati ‘‘Wazanye impinduka no kwagura ibikorwa by’ubuhinzi.’’

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) , Dr. Usta Kaitesi avuga ko Ripple Effect ari umuryango wizewe, bitewe n’uko ukorera mu murongo ujyanye na gahunda igihugu kigenderaho.

Ati ‘‘Iyi miryanyo iyo ije gukorera inaha, itwereka ibyo yifuza gukora, tugasuzuma tukareba niba bijyanye n’iby’ingenzi twifuza gukora nk’igihugu.’’

Umuryango Ripple Effect Rwanda watangiye gukorera mu Rwanda mu mwaka wa 2009, ubwo witwaga ‘Send a Cow Rwanda’’.

Guhera muri 2016 kugeza muri 2020, Ripple Effect yakuye mu cyiciro cy’ubukene abanyarwanda 96.016.

Muri gahunda y’uyu muryango mu myaka itanu iri imbere, urateganya gukura mu bukene abandi banyarwanda 750.000 binyuze mu kubahugura nyuma bakabaha inka.

Mu Rwanda, Ripple Effect ikorera mu turere twa Bugesera, Ngoma, Kayonza, Rwamagana, Nyanza, Nyaruguru, Nyamagabe na Rulindo.

Urateganya gukomereza mu Turere twa Huye, Gisagara, Gakenke, Burera, Nyamasheke, Gatsibo, Rutsiro na Karongi.

Uyu murwango si mu Rwanda gusa ukorera, kuko ukorera no mu bihugu nk’u Burundi, Ethiopia, Kenya,Uganda na Zambia.

Umuyobozi Mukuru Wungirije muri RAB, Dr. Solange Uwituze, yavuze ko iki kigo gifitanye imikoranire myiza na Ripple Effect, mu kuvugurura ubuhinzi n'ubworozi
Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr. Usta Kayitesi avuga ko Ripple Effect ari umuryango ukorera mu murongo Leta ifite wo guteza imbere abaturage
Mukandayisenga Gaudence yatanze ubuhamya bw'ukuntu umuryango we wakuwe mu bukene na Ripple Effect, ubu na we akaba afasha abandi
Muri uyu muhango, inzego zitandukanye zaganiriye ku cyakongerwamo imbaraga ngo ubuhinzi n'ubworozi bwo mu Rwanda bukomeze kuvugururwa
Ntirenganya Elizaphan avuga ko mbere yo gukurwa mu bukene na Ripple Effect, yahingiraga amata y'abana be kubera kubura ubushobozi
Abaturage bahawe inka na Ripple Effect zabafashije gukura abana mu cyiciro kibi cy'imirire, bitewe no kubona amata babaha
Abafatanyabikorwa ba Ripple Effect bamurikiwe ibigiye gukorwa n'uyu muryango, mu myaka itanu iri imbere
Send a Cow Rwanda yahinduriwe izina yitwa Ripple Effect
Abayobozi mu nzego za Leta, bishimiye umusanzu wa Ripple Effect mu kuvugurura ubuhinzi n'ubworozi mu Rwanda
Abakozi ba Ripple Effect bashimiwe uruhare bagize mu iterambere ry'abanyarwanda bakuwe mu bukene n'uyu muryango
Bamwe mu bakozi ba Ripple Effect bagize uruhare mu guhindura imyumvire y'abahawe inka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .