00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igitabo cya Prince Harry cyaciye agahigo ko kugurishwa cyane mu munsi umwe

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 13 Mutarama 2023 saa 09:17
Yasuwe :

Igitabo Spare cya Prince Harry, cyaciye agahigo ko kugurishwa cyane ku munsi umwe kuko kopi miliyoni 1,4 zaguzwe ku munsi wa mbere wo gushyirwa ku isoko.

Inzu yandika ibitabo Penguin Random House, yatangaje ko icyo gitabo cyanditse mu rurimi rw’Icyongereza, cyaguzwe cyane mu Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada.

Ni igitabo kigaruka ku buzima bwa Harry, igikomangoma cy’ubwami bw’u Bwongereza ndetse n’umubano hagati ye n’umuryango we ndetse n’Umugore we Meghan Markle.

Ni igitabo cyavuzweho byinshi nyuma y’amabanga akomeye yagishyizwemo nk’uburyo Harry avuga uko yishe abatalibani 25, uko yarwanye na mukuru we Prince William, uko umugore we Meghan yanzwe ibwami kugeza ubwo bimukiye muri Amerika n’ibindi.

Igitabo Spare cyashyizwe hanze kuwa Kabiri w’iki Cyumweru, gisohoka giherekejwe n’ibiganiro bine by’amashusho bya Harry bigamije kucyamamaza.

Iki gitabo cyanditswe mu ndimi 16 zitandukanye, kikaba cyarasohowe ku mpapuro ndetse no mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Ku munsi wa mbere, igitabo 'Spare' cyagurishijwe kopi miliyoni 1.4

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .